• Address: KN 3Rd/ KN 1 St, Charity House
  • +250 784 609 286

Abagenerwabikorwa 58 bakoreye urugendoshuri mu imurikagurisha ry’ubuhinzi n’ubworozi

Abagenerwabikorwa ba Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro muri Arikidiyosezi ya Kigali tariki 26 Kamena 2025 baturutse mu murenge wa Ngeruka  mu tugali twa Nyakayenzi, Gihembe na Rutonde bitabiriye urugendoshuri muri Expo y”ubuhinzi n’ubworozi irimo kubera ku Murindi wa Kanombe.

Aba bagenerwabikorwa basuye ahamurikirwa ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi  zitandukanye, harimo abatubuzi b’imbuto z’indobanure zitandukanye, imirima y’ikitegerezo y’imboga, y’ibigori n’ ibishyimbo, ahamurikirwa n’abacuruzi  b’inyongera musaruro zitandukanye, imashini zitandukanye zifashishwa mu mu buhinzi, ndetse n’ ubworozi bugezweho bw’ ingurube, inka, ihene, inkoko ndetse n’amafi.

Basuye ubuhinzi bw’ibigori 

Bakaba bagize umwanya uhagije wo gusura no kubaza ibibazo bitandukanye bamije gusobanukirwa byinshi ku buhinzi bugezweho.

Nyuma yo gusura habayeho umwanya wo  gusangira ibitekerezo aho bagaragaje ibyo bungukiyemo. Bakaba biyemeje no kuzabisangiza bagenzi babo baje bahagarariye.

Basuye ubuhinzi bw’imboga 

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragira iti”  “Duteze imbere guhanga ibishya n’ishoramari nk’inkingi z’ubuhinzi n’ubworozi bidahungabanywa n’ibihe”

Leave A Comment