• Address: KN 3Rd/ KN 1 St, Charity House
  • +250 784 609 286

Carlo Acutis uzwi ku izina rya God’s Influencer agiye gushyirwa mu rwego rw’abatagatifu

Vatican yatangaje ko tariki ya 7 Nzeri 2025, Kiliziya Gatolika izashyira mu rwego rw’abatagatifu umusore wapfuye akiri muto Carlo Acutis, witabye Imana afite imyaka 15. Uyu musore yamenyekanye cyane ku izina rya God’s Influencer, kubera uburyo yakoresheje ikoranabuhanga mu kugaragaza ukwemera.

Carlo Acutis yavukiye i London mu Bwongereza tariki ya 3 Gicurasi 1991, akurira mu mujyi wa Milan mu Butaliyani. Ku myaka ye micye, yagaragaje ubuhanga n’urukundo rudasanzwe afitiye Imana, by’umwihariko mu gukunda Ukaristiya Ntagatifu. Yakoze urubuga rwa internet rwerekana ibitangaza byagiye bigaragarira ku isi yose, agamije gufasha abantu benshi, cyane cyane urubyiruko gusobanukirwa n’agaciro k’Isakramentu ry’Ukaristiya.

N’ubwo yari umwana ukiri muto, Carlo yabaye intangarugero mu kwizera no mu rukundo yagaragarizaga bagenzi be. Yifashishije ikoranabuhanga mu buryo bwiza, ashyira imbere guharanira ko ikoranabuhanga ritera imbere ariko ritabura guhuza abantu n’Imana.

Ibinyamakuru Vatican News na Catholic News Agency byatangaje ko mu mwaka wa kuwa 12 Ukwakira 2006, ubwo yari afite imyaka 15 gusa, Carlo yahuye n’uburwayi bwa leukemia indwara yo mu bwoko bwa Cancer yo mu marasabo) bumwica vuba. Mbere yo gupfa, yasigiye ababyeyi be n’inshuti ze ubutumwa bwo gukunda Ukaristiya. Agira ati ‘’Ukaristiya ni inzira yanjye ijya mu ijuru, (ni umuhanda wanjye ujya mu ijuru.”)

Papa Francis yamugize Umuhire ku itariki ya 10 Ukwakira 2020 i Assisi, nyuma y’uko habonetse igitangaza cyabaye ku mwana w’umuhungu wo muri Brazil wakize indwara ikomeye ku bw’amasengesho yo gusabira Carlo. Mu mwaka wa 2022 habonetse ikindi gitangaza cy’umukobwa wakize nyuma y’impanuka ikomeye, ibi nabyo bituma inzira yo kumushyira mu rwego rw’abatagatifu irushaho kwihuta.

Tariki ya 13 Kamena 2025, Papa Leo XIV yatangaje ko Carlo Acutis azashyirwa mu rwego rw’abatagatifu ku wa 7 Nzeri 2025 i Roma, hamwe n’undi musore Pier Giorgio Frassati. Carlo azaba ari we muntu wa mbere wo mu kinyejana cya 21 uzashyirwa ku rutonde rw’abatagatifu ba Kiliziya Gatolika akaba n’umwe mu bagezweho cyane n’urubyiruko rw’iki gihe.

Kiliziya Gatolika itangaza ko urugero rwe rw’ukwemera, gukunda Ukaristiya no gukoresha ikoranabuhanga mu nyungu z’ukwemera ruzakomeza kuba isomo rikomeye ku rubyiruko n’abakirisitu bose.

 

Leave A Comment