• Address: KN 3Rd/ KN 1 St, Charity House
  • +250 784 609 286

Ubworozi bw’Amatungo magufi bwamuvanye mu bukene

Umwe mu bagenerwabikorwa ba Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro wo mu karere ka Bugesera avuga ko korora amatungo magufi byamuteje imbere bikamuha n’ifumbire agahinga akeza.

Ubworozi bw’amatungo magufi ni imwe mu nkingi z’iterambere ry’imiryango myinshi, cyane cyane mu cyaro. Amatungo magufi yororwa byoroshye, ntasaba ubutaka bunini kandi ashobora gutanga inyungu zihuse.

Uyu mubyeyi avuga ko yabashije kua mu kiciro cy’abantu batishoboye kubera ubworozi bw’amatungo magufi yahawe na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro.

Ati “ Ihene yororoka vuba, bityo igatanga amafaranga mu gihe gito binyuze mu kugurisha abana iba yabyaye, si ibyo gusa kuko mbasha koroza n’abandi nabo bakabasha kubona icyororo n’ifumbire”.

Leave A Comment