Caritas ya Kigali yateye inkunga abana bafite ubumuga 74 inkunga y’amafaranga ingana na 13,183,400 frw.
Bimwe mu bikorw by’ingenzi Caritas ya Kigali ikora harimo no kwita kubana bafite ubumuga mu rwego rwo kwirinda kubaheza ndetse ikabafasha no gutera imbere.
Abantu bafite ubumuga bagira ubushobozi bwo kwiga, gukora, no kwiteza imbere igihe bahawe inkunga n’amahirwe angana n’abandi.
Kwita ku bafite ubumuga bituma bashobora kwiga no kugira ubumenyi buhagije, bityo bagafasha umuryango n’igihugu mu buryo butandukanye.
Iyo bafite ubufasha bukwiriye, bashobora kwitabira ibikorwa by’imibereho, imyidagaduro, ubukungu n’ubuhinzi, bikongera icyizere n’ishyaka mu buzima bwabo.
Kwita ku bafite ubumuga bifasha gutuma nta muntu usigara inyuma, kandi buri wese agira uruhare mu iterambere ry’umuryango n’igihugu.
Kwita ku bafite ubumuga ni inshingano yacu twese: ababyeyi, abarimu, abayobozi n’abaturage. Buri gikorwa kigamije gushyigikira abafite ubumuga kigaragaza urukundo, ubumuntu n’ubufatanye mu iterambere rirambye.